Wednesday, December 12, 2012

Urwenya: Interview yuzuye ibikuta n'ibisubizo bitangaje


1. Watangira utwibwira :
Mukeneye ko mbabwira ibingana gute kuko mfite imyaka myinshi ubwo byansaba umwanya munini kubibwira.
2. Kuki waretse akazi wakoraga mbere ?
Ntabwo nakaretse karandetse.

3. Ni iyihe experience ufite muri iyi domaine ?
Nakozemo.
4. Ubona uri muntu uri successful ?
Yego.
5. Abo mwakoranaga bakuvugaga cyangwa bagufataga gute ?
Nta na rimwe nigeze mbasaba ko bamvuga.
6. Ni iki uzi kuri iki iki kigo cyacu ?
Icyo nzi ni uko mushaka umukozi.
7. Ni iki mwakoze kugira ngo mwihugure, mugire
ubumenyi bwinshi mu myaka itanu ishize ?
Narebye film.
8. Hari ahandi hantu wasabye akazi ?
Aka kanya hoya ariko mu cyumweru gishize natse akazi ahantu henshi cyane .
9. Kuki ushaka gukora muri iyi iki kigo ?
Sinzi pe ! Mwebwe se aka kanya mumaze kumenya impamvu mushaka ko mbakorera ?
10. Urashaka umushahara ungana gute ?
Umushahara ? Umpembe menshi ashoboka.
11. Uri umuntu ukunda gukorana n’ikipe(team/equipe) ?
Mbere ni bwo nabaga muri team yo ku ishuri ariko nkora sport zitansaba gukorera muri team.
12. Turamutse tuguhaye akazi urateganya gukorana na twe igihe kingana iki ?
Icyo ni ikibazo cyiza cyane. Ndakeka kugeza igihe cyose mboneye akandi kazi keza.
13. Byigeze bikubaho wirukana umuntu ?
Ntabwo nigeze mbikora, ariko mbonye ubwo bushobozi nakwirukana abantu benshi cyane.
14. Uramutse ubonye amafaranga menshi wafata ikiruhuko cy’izabukuru ?
Yampe urebe.
15. Ni iyihe mpamvu waduha yatuma tuguha akazi ?
Kuko mpari kandi namwe mukaba mushaka umukozi.
16. Ni iki umukozi mugenzi wawe yakora kikakubabaza ?
Njewe nkunda kubahiriza amategeko ku bw’iyo mpamvu nanga abakozi bakora amasaha y’ikirenga nk’aho batazi ko ari ukwica amategeko.
17. Iyo uri mu kazi ni iki uba wifuza kugira ngo akazi kawe kagende neza ?
Umushahara mwinshi.
18. Ni umuntu umeze ute wumva mutakorana ?
Umuntu umeze nkanjye.
19. Ni iki kuri wowe uha agaciro, umushahara cyangwa akazi ukora ?
Mushatse kuvuga ko mushaka ko mba umukore abushake(volunteer/volontaire) ? Mutanga itangazo ry’akazi mwavuze ko mushaka umukozi uzakora namwe mukamuhemba.
20. Tubwire ikibazo wigeze ugirana n’umukoresha wawe mbere.
Umwe mu baboss banjye yanukaga mu kanwa cyari ikibazo mu biro byose.
21. Tubwire uburyo ushobora gukora hari pressure/pression ?
Uravuga pressure/ pression y’amazi cyangwa ya mitsiig ?
22. Ushobora gukora bibaye ngombwa amajoro ndetse no muri weekend ?
Murashaka kunyumva ariko ?
23. Ni irihe somo wakuye mu makosa wagiye ukora mu kazi ?
Buri gihe yabaga ari uwundi wakoze ikosa njyewe babaga bambeshyera.
24. Iyaba ari wowe uri gushaka umukozi kuri iyi post ni iki wareba ?
Ntacyo nareba kuko naba nzi neza ko nanjye aka kazi nkashaka.
25. Turumva nta experience ufite muri aka kazi ni gute wumva wakora ariko kubura experience kwawe ntikukubangamire mu kazi ?
Nakoresha uburyo ukoresha kugira ngo ubwiyemezi ufite butakubangamira mu kazi.
26. Wifuza boss umeze ute ?
Umuyobozi utita ku byo nkora kandi wibagirwa vuba.
27. Tubwire igihe rimwe wigeze gukemura amakimbirane hagati y’abantu.
Rimwe inshuti zanjye zigeze kutumvikana hagati ya ekipe eshanu za mbere muri championat y’Ubwongereza, noneho mbafasha kumvikana, gukoresha iminsi ibiri gusa kugira ngo ntatinda bagakomeza kugira amakimbirane, nakoresheje amasaha y’akazi, nkoresha na telephone yo ku kazi mpamagara mu Bwongereza ndabaza neza amakipe atanu ya mbere ndetse nkoresha na internet mbona amakuru y’impamo noneho ndabakiza, ni ikintu nishimira nakoze mu buzima bwanjye.
28. Tubwire uburyo witwara mu kazi ?
Iyo boss ansabye raporo ko iba yabonetse ejo, ikarangira mbere nta kibazo pe ejo arayibona. Iyo ansabye ko nyimuha mu cyumweru nkayirangiza mu munsi umwe nta kibazo pe mu cyumweru arayibona. Ni uburyo ngira bwiza bwo kuzuza icyo umukoresha anyifuzaho.
29. Hari ibibazo ufite byo kutubaza ?

Ndabifite bitatu :

1) Musigaje ibibazo bingahe byo kumbaza ?
2) Aka kazi murakampa ?
3) Muzampemba amafaranga angahe ?

 Source: yegobprod

 

Eti yemu yaba igura urulavu ?

ATM yaba igura urukundo ?) Aye ! (Yemwe Yemwe!)
Za masiku? (Amakuru y’iminsi?)

Ebana, ntihagire unzana (ungora) ngo nabaga he… namwe agatigito (gahunda nyinshi) ko muri iyi tawuni (umujyi) murakazi… bongo? (siko bimeze?)

*: Ni kwakundi tu ku bijyanye n’imvugo yanjye… abataba I Kigali cyangwa abatamenyereye sirikwi (circuits) mbamo amagambo amwe n’amwe ashobora kubacanga (kubayobera) ariko nkuko nabibemereye nta ribi (nta kibazo) nzajya ngenda nyabasobanurira mbonereho no kubigisha imvugo (Jargon - slang) y’abatawuneri (towners - abanyamujyi) kugira ngo hatazagira ubaragira (ubabeshya)…sibyo wangu ? (nshuti zanjye?)

Ok, ahubwo tu kama kawa (nk’uko bisanzwe) nari nakaniye (nashatse) kubatera (kubagezaho) sitori (story – inkuru) ku bindi bintu nabonye ejo bundi muri wikendi (week-end) bikancanga… Eh! Wallahi (nimpamo) navuyeho! (narumiwe!)

Mani, ejo bundi tu nari nibereye mu mwihiringo (gahunda) muri siti (city – umujyi) sinzi ukuntu zanyongoje (nagize agatekerezo) kwikatisha muri supamaketi (super market – iduka) ngo ndebe ku mabolo (ibicuruzwa) bagurisha na mambo za beyi (n’ibijyanye n’ibiciro) kuko ndashaka kuzitapa (kuzasimbukira) Kampala nkareba niba hari icyo namanurayo (navanayo) numvishe ngo dilu (deal – ubucuruzi) za supamaketi zisigaye zirimo akantu (amafaranga)…

Ubwo rero mu gihe nari ndi gucekinga (kwitegereza) neza kuri purodagiti (product – ibicuruzwa) sinzi ukuntu numvishe umudemu (umukobwa) ateye isawuti (sauti – urusaku) kuri kese (caisse – aho bishyurira) ndikanga mpita mpindukira kuko numvaga afite silenge (slaing – imvugo) y’ikamujyi (avuga nk’abanyamujyi)…. Yarateruye ati “Nsiga kuri Eti Yemu Hani, ni kula kulipa!” (Mpereza ikarita ya ATM mukunzi, kurya ni ukwishyura!)…

Ku mutima nahise mvuga nti uyu ni ishangigi (icyomanzi) tu !!! Kuko nta mukobwa muzima uvuga atyo mu ruhame kandi asakuza nk’isandi tena (rugeretse) anakanjakanja shikaleti (uduhendabana). Umukoboyi (cow-boy – umusore) bari kumwe nabonye bimucanze (bimuyobeye) kuko bici (bitch - indaya) yari yahashye bolo za yose (yari yafashe ibicuruzwa byinshi cyane) ariko tu arapowa (arikomeza) avanayo viza (Visa – ikarita ya banki) mbona arapeshe (arishyuye) ariko yazenze bitangaje ! (agahinda kamwishe)…

Ikibazo ariko kitari n’ikibazo azi saci (as surch – urebye) nahise nibaza ni : « Ese Eti Yemu yaba isigaye igura urulavu ? » kuko yari amubwiye ngo ni kula kulipa kandi yamwise hani ? Ahaaa…

Ngirango ntawakwirirwa abyibazaho byinshi, niba tubana Keji Eli (KGL – mu mujyi wa Kigali) namwe mwiyiziye uburyo ishangobe (indaya) zatyaje amasupana (zakanuye amaso) ngo zizakura ibyinyo na ba mapengu (zizarya amafaranga n’ayabatayagira).

Gusa njye icyo navuga ni uko nk’uko byagaragariye buri wese wari aho uwo mukobwa n’ubwo atari yitwaye mu buryo bumuhaye agaciro cyangwa ngo bumwubahishe kuwo ariwe wese, wanabonaga ko atari umwana w’umukene nyakujya wabuze ibyo arya cyangwa imibereho ku buryo yagera aho kwigurisha cyangwa kugurisha urukundo rwe. Uretse ko nsigaye nanibaza niba rukibaho bikancanga nabyo… ubwo namwe muzambwira !





Enewe (anyway – ibyo aribyo byose) umuco wo gukura ibyinyo ubaye akarande mu bari ba Keji Eli, kandi n’ubwo ngo aba umwe agatukisha bose ikigaragara ni uko kuri ubu umusore udafite akunyu (agafaranga) basi na gake nta n’inyinya bamwereka (nta n’umureba irihumye).
Aho utu tubolo twa Eti Yemu (ATM) tuziye rero ho, makangu (umukobwa w’ikirara) nta n’aho wamucikira n’iyo igicuku cyaba kiniha uratobokesha (urashirirwa) akakubwira ngo « nta Eti Yemu ugira se ? fata agahene (moto) ujye ku cyuma (banki) ». Sikiya kweli !!! (munyumvire namwe !!!)

Ni danje nakwambiya (birakaze ndakubwiye)… Reka njye kwishakira ubwanjye bukaro (amafaranga) icyo nzicyo uwibaza ko azarya aya Kanaka we namubwira nti « Ayinyaaa ! Tyaza inzinyo ngo uzarya ruhaya » Hahahah…
Kabisa mwisubireho dada (bashiki bacu), biriya bintu birakemye kabisa ! (biragayitse rwose !)
Pisi ! (Peace – Amahoro kuri mwe !)

Source: k2d