Thursday, September 29, 2011

Ese intego banyampinga biyemeza bamaze gutorwa zigerwaho? (igice cya mbere)


By Kevin
Mu Rwanda, igikorwa cyo gutora ba Nyampinga yaba mubigo by’amashuri, ku rwego ry’imijyi no ku rwego rw’igihugu ni bimwe mu bikorwa bigaragara gake mu mwaka ariko bigashyushya abantu, aha ntawakwibagirwa ubwo hatorwaga Nyampinga w’u Rwanda, ese iyo bamaze gutorwa bakomeza gukurikiranwa ngo n’ibyo biyemeje barebe niba bishyirwa mu bikorwa.

Buri uko Nyampinga atowe agira ibyo yiyemeza kuzageraho, imigabo n’imigambi afite n’uko ateganya kubigeraho, akenshi hano mu Rwanda iyo batabigezeho bakunze kuvuga ko biba byatewe n’uko ababa bashinzwe kubakurikirana no kubafasha mubyo baba bategura ( Managers) bakunze kubatererana iyo bamaze gutorwa.

Ese mu bindi bihugu baba babigeraho neza?, Bigenda gute?

Ikinyamakuru Daily Monitor cyo mu gihugu cy’Ubugande giherutse gushyira ku mugaragaro, uko Uko ba Nyampinga bo muri icyo gihugu bagenda bagera nkunshingano za kuva mu mwaka wa 2005, bagize bati ’’ Praise Asiimwe (2005/2007) yari yariyemeje kuzana isuku mu mujyi wa Kampala no kwagura umuco wo gusoma mu gihugu ariko ntiyabasha kubigeraho kubera ko abari bashinzwe kumufasha (management) batakoraga neza bigatuma n’imishinga yagendaga ategura yose ibura ubushobozi ntijye mubikorwa.
Abandi bose bamukurikiye kukuba Nyampinga wa Uganda intego zabo zagiye zigerwaho kugeza kuri Heyzme Nansubuga (2010/2011) wari wiyemeje kugaragaza isura y’igihugucye kandi neza bitangazwako nawe yabashije kubigeraho neza kuko umusanzuwe mu burezi, mu gufasha abana bo kumuhanda n’abakomoka mu miryango ikennye,  gukorana  n’imiryango ifasha abababaye n’ibindi bikorwa bigaragaza urukundo yagiye agaragaramo ari byinshi kandi byagize umusaruro.

Hano mu Rwanda se byaba bigerwaho gute ?

Ihorere.blogspot.com yegereye Louise, Miss Inatek (2009/2011) atangazako mu ntego eshatu yari yihaye ebyiri muri zo zagezweho, ati “ Mbere ya byose nari niyemeje gutanga umusanzu wange mu kuzamura uburezi cyane cyane ubw’umwana w’umukobwa kandi nabashije kubigeraho kuko nabashije gukusanya amafaranga yagiye mu gufasha uburezi bwibanze bw’imyaka 9, naho indi ntego yari ukora uko nshoboye nkarwanya icyorezo cya Sida kandi numva narabigezeho kuko nabashije gushinga ikipe y’abakobwa ikina umukino wa Basketball  muri Kaminuza ya Inatek itari ihasanzwe maze buri uko imaze gukina tukazajya twicara tukavuga kucyorezo cya Sida nka bumwe mu buryo bwo kuyirwanya, uretseko hari intego ya Gatatu yo gufasha abatishoboye kwigeza kumajyambere ntabashije kugeraho kuberako imishinga nagiye ntegura kuri iyo ntego itabashije kubona ubushobozi no gushyigikirwa n’ubuyobozi bwa Kaminuza nk’urwego rukuru ruba rushinzwe gufasha no gukurikirana ba Nyampinga baba batowe biciye servise n’ubuyobozi bw’Abanyeshuri.

Mugusoza tubamenyesheko twagerageje kuvugana n’abandi banyampinga ariko benshi mubo twahamagaye inomero zabo zanze gucamo,kandi hari n’ubutumwa Miss Louis yahaye abandi bakobwa baba biteganya kwiyamamariza kuba ba Nyampinga ko bagomba kwitinyuka kandi ntibacike intege , aboneraho no guhumuriza uwamusimbuye ati ’’ Twiteguye kumuba hafi no kumufasha kugera kuntegoze by’umwihariko n’izo nge ntabashije kugeraho ’’.

Nge na P-Fly twashwaniye muri Rap kandi ninayo igiye kongera kuduhuza-Jay polly.


 By Kamanzi venuste

Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly aganira n’itangazamakuru yatangaje ko gushwana kwe na P-Fly kwabereye muri Rap ariko arinayo igiye konera kubahuriza mu gushyira kumugaragaro Album yakabiri ye yiswe Iwacu.
Kuri uyu wa mbere nibwo habaye inama ya mbere igenewe Abanyamakuru (press conference)  itegura indi izaba kuwa Gatanu izabayateguwe na Bralirwa mu rwego rwo gutegura ishyirwa ku mugaragaro ry’IWACU album bizaba taliki 7 Ugushyingo kuri stade ntoya y’ Remera, dore ko Jay Polly ari umwe mu bahanzi bemerewe na Bralirwa ko kubafasha gushyira kumugaragaro album zabo muri gahunda yayo ya PGGSS 2011.

Aganira na Ihorere.blogspot.com, Jay Polly yatangaje ko iyi album izakuraho igisa n’inzikekwe abafana ba muzika nyarwanda bakunze kugira, kuko igitaramo cyo kuyimurika ku mugaragaro kizahuriramo abahanzi benshi bo mu Rwanda n’abo hanze yarwo nkuko bigaragara ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba muri iki gitaramo.

Ati “ Byumwihari ko abantu bakekako nyuma y’amarushanwa ya PGGSS naba ntumvikana na Tomclose wayegukanye kubera amabuye yatewe nyuma bikaza kuvugwako abafana bange batishimiye ko mbura icyo gihembo bagatera amabuye Tomclose, sibyo, ntabwo ari abafana bange ahubwo ni abafana ba muzika nyarwanda bagaragazaga ko batishimiye uko byari bigenze kandi byari uburenganzira bwabo uretse ko uburyo babikozemo batera amabuye ntabwishimiye nagato, byarambabaje peee, kuko hari ubundi buryo bwo kugaragaza ko utishimiye imyanzuro iba ifashwe ku kintu runaka ndetse n’inkiko zirahari bari kuzigana ariko ntibatere amabuye.

Kandi ibyo twe nk’abahanzi ntakibazo dufitanye kuko ubu dufitanye indirimbo yitwa Warahemutse izasohoka nyuma ho gato yo gushyira kumugaragaro album yange kandi ikazasohokana n’amashusho yayo bivuzeko twe ntakibazo kiri hagati yacu”
Jay akomeza avuga ko muri icyo gitaramo kandi hazagaragara umuraperi bahoranye mu itsinda rya Tuff Gangs bakaza gutandukana nabi ati” P-fly ni umu Tuff kandi twashwaniye muri Rap ninayo igiye kongera kuduhuza ndumva ntakibazo” 

Jay Polly yaboneyeho no gutangariza Abanyarwanda ko arimo kwitegura iki gitaramo neza kandi yizeyeko uko kizagenda neza agira ati” Ndashaka guteza indi ntambwe nshya Hip hop hano mu Rwanda kuko n’ubusanzwe wasangaga dutegura ibintu nk’ibi ariko ntibigire ingaruka nziza (impact) bisigira Abanyarwanda kandi na Tuff Gangs yose yiteguye gukurikiraho ishyira kumugaragaro album, gusa Abanyarwanda nibaze muri kiriya gitaramo ari benshi badushyigikire ibyiza turabifite kandi n’ubushobozi bwo kubibaha burahari”

Abahanzi bazahatanira ibihembo bya PAM Awards 2011 bagiye ahagaragara.


 By Mc K V K

Pearl of Africa Music Awards (PAM Awards) ni ibihembo bihabwa abahanzi bitwaye neza mu bihugu byose byo mu karere ka Afrika y’Iburasirazuba, cyane cyane hibandwa mu Gihugu cya Uganda, abazahatanira ibi bihembo muri uyu mwaka bagiye ahagaragara.

Isaac Mulindwa washinze PAM Awards akaba ari nawe muyobozi wayo mu kiganiro na Televiziyo ya UBC yabashije gutangaza abahanzi bazahatanira ibi bihembo n’uko bazatorwa.

Ese mu Rwanda abatowe ni abahe?

1.    Best Male Rwanda (Umuhanzi w’umugabo w’umwaka)
Alpha Rwirangira
 Tom Close
Rafiki Mazimpaka
Kitoko

2.    Best Female  Rwanda (Umuririmbyi w’umukobwa w’umwaka)
Aline Gahongayre
Liza Kanikazi
Miss Jojo
Miss Chanelle

3.    Best Band/Groud Rwanda ( Itsinda ry’umwaka)
The Brothers
Just Family
Dream Boys
Urban Boys

Mulindwa akaba yaboneyeho no gutangazako aba bahatana bazajya batorwa binyujijwe ku butumwa buzajya bwoherezwa hakoreshejwe telefone nkuko bisanzwe no kurubuga rwa internet rwa Hipipo.com, ati “ Ubwo ahasigaye ni ah’abafana babo kugirango bahe amahirwe uwo babona witwaye neza kurusha abandi”

Beyonce aratangaza ko gutwita kwe kutazatuma ahagarika ibikorwa bye.


 By Kevin
Uyu muhanzi Beyonce, icyamamare ku isi yose ukomoka muri Leta zunze ubumwe z’Amerika aratangaza ko n’ubwo atorohewe n’inda atwite atazahagarika ibikorwa bye yari asanzwe akora.

Beyonce Gisèle Knowless umuririmbyi w’indirimbo nka “ If I were a boy na Run the Word “n’izindi, yagiye akomeza kwanga kuba yatwita n’ubwo yari amaranye igihe kinini n’umugabowe Jay-z doreko bamaranye imyaka isaga 10, bidakunze kugaragara cyane ku bantu bazwi cyane nkaba.

Kugeza ubwo umugabo we Jay-z yamushyiriyeho amafaranga y’ibihembo azajya amuha kuva amutwitiye umwana, akamubyara kugeza amukujije ariko nabyo Beyonce arabyanga.

Beyonce iyo yaganiraga n’ibinyamakuru yavugaga ko ku mpamvu z’ibikorwa n’umwuga we adashobora gutwita kuko byasubira inyuma kandi ko agirira ubwoba kubyara.

Mu kwezi gushize no bwo amakuru yasakaye mu bitangazamakuru byinshi ku isi bivugako Beyonce atwite, mu gihe gito bikivugwa ni bwo nawe yahise abitangaza ku mugaragaro ubwo hatangwaga ibihembo bya MTV Video Music Awards ariko abantu benshi basigara bibaza niba ibikorwabye bigiye gusubira inyuma cyangwa bigahagarara nkuko yakomeje kubigira urwitwazo rwo kudatwita.

Beyonce aganira na Associated Press yatangaje yiteguye gukomeza ibikorwabye bya muzika no gushabika (business) kugeza abyaye, ni muri urwo rwego yanatangije Label (studio n’ubundi bucuruzi bujyana n’ubuhanzi) kugirango akomeze gutera imbere.

Naho igitangazamakuru cyitwa Now magazine  kiganira na Beyonce kuri iyi ngingo y’ibikorwabye yagitangarije ko atigeze ahagarika akazike ati” Yego nk’umugore utwite mba ngomba kwiyitaho kugirango n’ubuzima bw’umwana ntwite burusheho kugenda neza kandi mbona ngerageza kuko iyo mvuye mu mirimo abaganaga baza kureba uko ubuzima bwange bwifashe, hari abashinzwe kuza kunanurira imitsi (massage) n’ibindi byose abaganga baba babona byamfasha n’umwana wanjye”

Amakuru dukesha Televiziyo yitwa Trace Tv avuga ko umugabowe Jay-z yamuteganyirije miliyoni 1,5 by’amafaranga akoreshwa ku mugabane w’Uburayi (Euros)(asaga miliyali 1,2 uyashyize mu manyarwanda) agomba kumufasha kwiyitaho n’umwana atwite.                                                

Friday, September 23, 2011

Umuhanzi Simple Man aratangaza ko aje gukorera mu gihugu cy’amavuko(Rwanda)


by Kamanzi Venuste

Mukeshimana John Bosco Shirimpaka aratangaza ko nyuma yo kumenyekana mu gihugu cy’abaturanyi cy’Ubugande yafashe umwanzuro wo kuza kwiyerekana no mu gihugu cy’u Rwanda nk’igihugu avukamo.
Simple Man nk’uko yabitangarije igihe.com, mu gihugu cya Uganda yamenyekanye ku ndirimbo yitwa “Afrika”, aho yemezako agenda yitabira ibitaramo bitandukanye, cyane cyane ibiba byateguwe n’Abanyarwanda baba muri kiriya gihugu kubera iriya ndirimbo.

Yagize ati” Muri Uganda nari maze kuhakorera indirimbo 6 ziri mu Kinyarwanda, Ikigande n’Icyongereza, ariko ntakiruta iwanyu nahisemo no kuzana ubuhanga bwange mu gihugu cyange cy’amavuko kandi Abanyarwanda banyitege kuko sinzanwe n’umuziki gusa kuko mfite n’impano yo gukina amafilm nkaba maze no gukina muri film yo mu bwoko busekeje (comedy) tukaba tunateganya hamwe n’abayobozi bange ko twazaza tukayikinira Abanyarwanda live ”

Simple Man aratangaza ko aje mu Rwanda azi neza ko hari abahanzi benshi kandi bashoboye ariko ngo yizeye neza ko naho azamenyekana ashingiye ku buhanga afite, Ati “ Burya iyo ukora ikintu ari impano yawe uko byagenda kose igeraho ikaka iyo udacitse intege, kandi ndabishoboye ntan’ubwo Abanyarwanda bazatinda kubona ubuhanga bwange. 

Akomeza avugako ataretse gukorera muri Uganda kuko ahafite ibikorwa byinshi ati “ Ariko nagombaga kuza no mu Rwanda kuko niho ababyeyi bange bari, ni murugo, n’ukuvugako byari ngombwa rwose ko nza gutanga umusanzu wange mu bintu bijyanye n’imyidagaduro mu gihugu mvukamo kuko no mu bindi bihugu tubona uru rwego rw’imyidagaduro rwazamutse cyane ntakidasanzwe bakoze uretse gukora cyane bashyize hamwe kandi n’abanyagihugu bakumvako bagomba gukunda ibyabo mbere yo gukunda iby’ahandi.

Mugusoza iki kiganiro yasabye Abanyarwanda gukunda, agaciro no kuba hafi y’abahanzi b’Abanyarwanda kuko n’abandi ariko bazamutse, ati” Byumwihariko abafana banjye ndimo kubategurira ibintu byinshi harimo indirimbo ebyiri maze gukorera hano mu Rwanda no kubazanira film yange.