Saturday, May 26, 2012

Imodoka ya Skol yashyize ibona nyirayo




Nyuma y’amezi atatu hatangiye tombola yo gushaka uwakwegukana imodoka yatanzwe n’Uruganda BMC (Brasserie des Milles Collines) binyuze mu kinyobwa cyarwo Skol, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gicurasi 2012, imodoka yegukanywe na Ragera Ladislas.

Kuva tariki 24 Gashyantare 2012, buri munyarwanda wese yashoboraga kwegukana imodoka yo mu bwoko bwa Mitsubishi Lancer ifite agaciro kabarirwa mu bihumbi 25 by’amadolari y’Amerika, binyuze muri tombola yari yashyizwe mu mifuniko y’amacupa y’ikinyobwa cya Skol.
Thomas Weingarten the managing director of BMC


Aha buri munywi wa Skol wese yasabwaga kureba mu mufuniko buri uko afunguye icupa kugira ngo arebe niba nta tombola irimo. Abagiye basanga mu mufuniko batomboye imodoka bagera kuri 35, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu bahurijwe hamwe i Gikondo mu Karere ka Kicukiro ahasanzwe habera imurikagurisha, kugira ngo umunyamahirwe umwe muri bo yegukane imodoka.

Mu gutoranya utaha muri iyi modoka hakoreshejwe tombola yakozwe mu byiciro bibiri ; icya mbere cyatumye 20 ba mbere basohoka mu irushanwa cyakozwe buri wese afata nomero imwe mu isorori yari irimo imibare iva kuri nomero 1 kugera kuri 60, hanyuma umwe mu baturage bari bahari wagaragaje ubushake yazamutse imbere akaraga icyuma (gifite umuzenguruko w’imibare 60 ingana n’inomero zari zatombowemo), uwo inomero ye iguweho n’icyuma akaba avuye mu irushanwa.

Tombola yaje guhindura isura ubwo 15 bari basigaye, kuri iyi nshuro ya mibare 60, buri umwe muri bo yafashe udupapuro tune turiho imibare itandukanye ; aha icyuma cyagombaga gukaragwa, umubare gihagarariyeho umuntu uwufite akaba yegukanye imodoka.

Thomas Weingarten, Umuyobozi mukuru w’urugandwa BMC rwenga Skol, mu gukaraga icyuma cyaje guhagararira kuro nomero ya nyuma ariyo ya 60, Ragera Ladislas wari wayitomboye aba yegukanye imodoka atyo.

Ragera Ladislas yatomboreye i Kibagabaga, mu buzima busanzwe yari umushoferi utwara imodoka nini zizwi nk’amakamyo, akimara kwegukana iyi modoka yashimye Imana dore ko yanavuze ko mu byumweru bibiri bishize yakoze impanuka ikomeye ariko ntiyagira icyo ababa.

Mugarura Marc, ushinzwe imenyekanishabikorwa mu ruganda BMC rwenga Skol yatangarije IGIHE ko iyi tombola yaciye mu mucyo, kandi ko nta buriganya bwakoreshejwe, kandi yongeraho ko bitanashobokaga ko umuntu agira uwo afasha gufata umubare uri butombore kuko icyuma nacyo utagitegeka aho kiri buhagarare.

Uwamahoro Eugenie yari muri 15, bari basigaye mu cyiciro cya nyuma cyanahawe telefone, umupira n’ingofero yatangarije IGIHE ko abona nta buriganya bwari muri iri rushanwa kandi aboneraho no gusaba ko ubutaha irushanwa nirigaruka abantu bazaryitabira ari benshi.

N’ubwo intego nyamukuru yari ugutombora imodoka, uruganda BMC (Brasserie des Milles Collines) rwenga inzoga Skol rwanatanze amahirwe yo kwegukana ibindi bihembo nk’ingofero, imipira yo kwambara, amatelefoni n’ibindi.
VĂ©nuste KAMANZI

Thursday, May 3, 2012

Ukubabarirana nyakuri niyo nzira yo kwiyunga kw’Abanyarwanda- Ruzibiza



Wesley Ruzibiza umubyinnyi n’umukinnyi w’amakinamico w’umunyarwanda asanga inzira iboneye yo kwiyunga hagati y’Abanyarwanda nyuma y’amahano ya Jenoside yagwiririye u Rwanda ari ukubabarirana nyakuri no kongera gufasha abarokotse kwiyubaka binyuze mu kubaha ubutabera nyabwo.
Aha Wesley Ruzibiza yarimo akinana n'Abanya Cambodia mu mukino witwa Breaking Silence  ugamije kunga  abakorewe Jenoside n'abayikoze byumwihariko muri Cambodia

Ibi yabitangaje ubwo yaganiraga n’umunyamakuru w’urubuga rwa  www.phnompenhpost.com mu ntangiro z’iki cyumweru, amubazaga ibibazo bitandukanye ku buhanzi bwe n’ejo hazazahe, by’umwihariko no ku mateka yaranze u Rwanda mu gihe cya Jenoside n’inzira ikwiye yo kwiyunga hagati y’Abanyarwanda nyuma y’ibyabaye.

Aha Ruzibiza yamubwiye ko yatangiye kumva inkuru za Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1998, kuko yabaye aba hanze y’u Rwanda baza kumubwira ko habaye intambara yahitanye ubuzima bw’abantu bagera kuri Miliyoni imwe, ariko atazi ubukana Jenocide yakoranwe.
Agira ati:”Nkubwije ukuri byari biteye ubwoba, kandi byatumye ntinya urupfu cyane”.
Akomeza avuga ko kubera ububi bwa Jenoside gukomeza kuyivuga n’ijwi riranguruye bizatuma ntahandi yongera kubaho ukundi ku isi yose.
Wesley Ruzibiza ni umuhanga mu kubyina imbyino gakondo na Contemporary African Style, n’ubwo amaze gukinira mu bihugu byinshi afite intego yo kuzakinira muri Cambodia umunsi.


         Abahanzi bahatanira PGGSS 2 i Rusizi

Kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Gicurasi 2012, Abahanzi bahatanira igihembo cya Primus Guma Guma Super Star 2 barerekeza mu Karere ka Rusizi gutaramira abakunzi ba muzika nyarwanda bo muri aka Karere no mu nkengero zako.

Iki gitaramo kiri mu rwego rw'ibitaramo bizwi nka Roadshow biba biteganijwe muri gahunda y'imigendekere myiza y'amarushanwa ya PGGSS 2, abahanzi icumi bahatanira kwegukana iki gihembo bazazenguruka mu turere 11 dutandukanye.

Kuri ubu abanyarusizi barakangurirwa kuzaza ari benshi