Monday, October 1, 2012



Abahanzi ba Hip Hop bagiye gushimirwa by’umwihariko

Tariki 17 Ugushyingo 2012, Abahanzi bakora injyana ya Hip hop bagiye gushimirwa by’umwihariko bahabwa ibihembo byihariye byiswe Hip hop Carnival.

Ubwo twavuganaga na Pacson umwe mu barimo gutegura ibi bihembo yadutangarije ko abahanzi bo muri Hip hop bazashyirwa mu byiciro 13.

Dore ibyo byiciro:

1.Umuhanzi w’umwaka ukora Hip hop;
2.Umuhanzi w’umukobwa w’umwaka ukora Hip hop;
3.Umuhanzi w’umuhungu w’umwaka ukora Hip hop;
4.Indirimbo ya Hip hop ihuza abahanzi benshi b’umwaka;
5.Amagambo y’indirimbo ya Hip hop meza y’umwaka;
6.Indirimbo ya Hip hop nziza y’umwaka;
7.Umuhanzi wa Hip hop  ukiri muto w’umwaka;
8.Utunganya indirimbo za Hip hop mu majwi w’umwaka;
9.Ujorora amashusho y’indirimbo za Hip hop w’umwaka;
10.Umuhanzi waririmbye Inyikirizo mu ndirimbo za Hip hop w’umwaka;
11.Umuntu ushushanya Graffiti nziza, n’ibindi.

Pacson mu kiganiro n’ikinyamakuru Ijwi asanga ibi bihembo by’abahanzi ba Hip hop gusa bigiye kongerera agaciro iyi njyana n’abayikora dore ko n’uzegukana igihembo azabona n’ibahasha irimo amafaranga igiherekeza.

Yagize ati:”Amaradiyo ntaritabira gukina injyana ya Hip hop. Sinavuga ko ibi bihembo bigiye gutuma Hip hop nyarwanda irenga imipaka kuko ni ku nshuro ya mbere”.
Umuraperi Fireman wo mu itsinda rya Tuff Gangs aganira n’Ijwi yadutangarije ko ashimishijwe n’itegurwa ry’ibi bihembo kuko ari kimwe mu bintu bihesha Hip hop agaciro, bitume abahanzi bakora Hip hop barushaho gukora cyane n’ihangana ariko kandi ngo Fireman yishimiye ko bizagararagaza abahanzi b’abahanga.

Ati:”Twabitangiye ejo bundi bapinga, ntitwari tuzi ko bizagera hano, ikizere kirahari no hanze tuzagerayo”.
Amakuru dufite n’uko ibi bihembo birimo gukorerwa mu gihugu cya Kenya kandi biri kugera ku musozo igisigaye ari ukunoza uko ibirori byo gutanga ibi bihembo bizaba bimeze.

By Kevin K.

No comments:

Post a Comment