Saturday, December 31, 2011

Alpha Rwirangira ni umwana w’ikinege iwabo wakuze akubagana cyane

Umuhanzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Alpha Rwirangira yavutse tariki 25 Gicurasi 1986, avukira mu gace kitwa Gata mu mujyi wa Mwanza mu gihugu cya Tanzania, ni mwene Joseph Bizimana w’umunyarwanda na Zouliette Ibrahim w’umutanzaniyakazi.

Alpha Rwirangira mu bihe bitandukanye
Alpha ni umwana w’imfura mu muryango w’abana 5, yakuze ari umwana ukubagana cyane n’ubwo ngo nta kintu nakimwe mu byo yakoze akiri muto yicuza, ariko nanone kuko ngo ibyo yakoze ari byinshi ntiyashobora guhitamo kimwe cyamushimishije kuruta ibindi.
Amashuri yize :
Alpha yaranzwe no kugenda yimurirwa ku bigo botandukanye byo mu karere ariko cyane cyane akiri mu mashuri y’inshuke n’abanza.

Avuga ko yatangiriye amashuri y’inshuke mu gihugu cya Tanzaniya, atangirira amashuri abanza ku kigo cya Mwenge primary school, nyuma ajya Uhuru primary school byo mu gihugu cya Tanzaniya, ahita aza mu Rwanda yiga umwaka umwe i Nyarubuye mu cyahoze ari intara ya Kibungo, akomereza amashuri abanza ku kigo cya Nyabuhanze boys school mu gihugu cya  Kenya aho yize imyaka ibiri ahava ari mu mwaka wa kane, nyuma Mukariro English medium school cyo muri Tanzaniya ari naho yasoreje amashuri abanza.

N’ubwo bigaragara ko amashuri abanza yayi ku bigo byinshi, amashuri yisumbuye yo yayize ku kigo kimwe cya Apredi Ndera, ubu akaba agiye gukomeza kaminuza mu bijyanye na Music and Business muri kaminuza ya Campbellsville muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ibigwi bye muri muzika

Alpha ni umuhanzi uvugako atagira imbibe kuko ashobora guhanga kuri buri kimwe gishoba kugira icyo gifasha societe, iyi nganzo kandi ngo akaba ayikomora muryango avukamo doreko ngo ari umuryango w’abahanzi n’abaririmbyi kuko na Se umubyara ari umucuranzi w’inanga (guitar), tubibutse ko na AY wo mu gihugu cya Tanzaniya wamenyekanye cyane mu karere no muri Afrika muri rusange ari mwishywawe.

 

Alpha yifuza kuzaba umuhanzi ukomeye ku isi ariko akazaba wa muhanzi wishimira kandi utewe ishema n’igihugu cye, ni ukuvuga aho abantu bose bazajya bamubona bakabona u Rwanda, aha atanga urugero nk’urwa Akon uko agaragaza isura y’igihugu cye cya Senegal.


Mu buhanzi bwe afatira urugero cyane k’umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Afrika y’Epfo witwa ‘Jonathan Butler’ Kuva akiri muto yakundaga kuririmba ariko atazi ko azaba umuhanzi, kuva aho atangiriye amashuri yisumbuye nibwo yatangiye kujya agerageza kwandi indirimbo ndetse akanakundaga gufata utwuma dufata amajwi (radio recorder)  akifata amajwi ndetse ati:”rimwe na rimwe mu rugo bakanse, bakambaza ngo mba ndi mu biki, hakabaho n’abandi banca intege”.

Yinjiye mu nzu itunganya muzika bwa mbere akora indirimbo yaririmbiye Imana yise ‘Gukorera Imana nta gihombo kirimo’ bituma adacika intege.

Alpha avuga ko ashima Imana ko muzika akora imubeshejeho mu buzima bwe bwa buri munsi, kandi ikaba yaratumye amenyana n’abantu benshi bakomeye.


Ni umuhanzi waranzwe no kwegukana ibihembo bitandukanye aha twavuga nka :


Tusker Project Fame ya 3 (2009),     Yaje ayoboye abahanzi batatu begukanye Tusker All star (2011)

Amashusho y’indirimboye ‘Come to me’ yakoranye n’umugande Bebe Cool yegukanye igihembo nk’indirimbo ifitemashusho meza mu karere ka Afrika y’Iburasirazuba, igihembo yakuye muri Leta zunze ubumwez’Amerika mu marushanwa yitwa  Museke Awards,

Aba amaze kwegukana ibihembo bya PAM Awards imyaka ibiri ikirikiranye 2010 na 2011, nk’umuhanzi w’umwaka witwaye neza mu bagabo mu Rwanda.

 

Alpha avuga ko intego yari afite kuva akiri muto inyinshi arimo kugenda zigerwa, ati:”ubu mbona ibiraka byinshi, maze kumenyekana mu karere ka Afrika y’Iburasirazuba, n’ibindi”

Akomeza avuga ko ubu amaso ye ayatumbiriye ku kumenyekana ku isi muri rusange.

 

Alpha Rwirangira nk’imwe mu mpano zikomeye u Rwanda rufite yagiye akoresha iyo mpanoye mu gufasha ahantu hatandukanye yaba mu bitaro imfubyi n’ahandi, akaba ubu afite album imwe yasohoye mu mwaka wa 2010 yise “One Africa”, album ikubiyemo ubutumwa ahanini bwo kunga no guhamagarira abanyafrika kuba umwe.

 Dore bimwe mu bimushimisha mu buzima bwe

Alph aganira na igihe.com yagize ati:”nkunda Imana, amahoro, abantu n’abana by’umwihariko”.

Yanga umuntu uhohotera undi uburyo ubwo aribwo bwose, kuburyo mu buzima bwe ababara cyane iyo abonye umuntu uhohoterwa, ati:”iyo mbonye umuntu uhohotera undi mfite icyo nabikoraho ndagikora, ariko iyo ntacyo nabikoraho nabwo ndagenda ariko bishobora kumaramo igihe kinini cyane nkibabaye”.


Alpha avuga ko yigeze kubabara cyane mu buzima ubwo yasuraga urwibutso rw’Abazize Jenicide yakorewe Abatutsi 1994, ari ubwa mbere agezeyo ajya mu gihande kiba kirimo abana bazize Jenocide bamwereka umwana wishwe amaze gukomeza nyina ati:”mama minwari iraza kudutabara”, alpha ati:”n’ubu iyo asubiyeyo ndababara cyane kuko uwo mwana yari afite ubwenge bwinshi kandi yarushaga Minwari gutekereza”.

 

N’ubwo afite ibyamubabaje ariko mu buzima ngo ashimishwa cyane no gutsinda ni ukuvuga iyo yateguye ikintu akakigeraho cyangwa iyo yumva afite amaho muri we, iyo yishimye arararirimba akenshi.

 

Alpha yumva yazabyara abana bane, ati:”ngira urukundo rwinshi mu buzima busanzwe ku buryo uwo nakunze mba numva namuha ibyange byose, muri make umugore n’abana bange barahiriwe kuko ngira urukundo rwinshi, nzabitaho bihagije”.

 

Dore umukobwa yumva yazamubera umugore uko yaba ateye:


  Umukobwa azabona akabona ari mwiza ni ukuvuga amwishimiye ngo kabone n’iyo yaba areba imirari ariko apfa kuba yamwishimiye.


Kuba akunda kandi yubaha Imana.


Umukobwa cyangwa umugore ubasha kumwisanzuraho, bakaba bakina, bakaganira, bakishimana, n’ibindi.


Umukobwa w’umukozi ku buryo umuryango wabo ngo nta kibazo na kimwe wazagira,  ni ukuvuga umukobwa wifitiye ikizere kandi ufite ikinyabupfura.

Mu biranga ubuzimabwe icya Rwirangira yiyemeje cyaba kibi cyangwa kiza agomba kuruhuka ari uko akigezeho.

 

Alpha avuga ko Imana imuhaye ubushobozi yakwimika urukundo mu bantu, akarandura intambara n’ubukene mu bantu, ati:”twese tukiberaho mu mahoro, tukiberaho muri iyo paradizo”. 



Vénuste Kamanzi 

No comments:

Post a Comment