Wednesday, September 21, 2011

Sean Kingston yagize icyo aruvuga ku Rwanda nyuma y’igitaramo yahagiriye


Uyu muhanzi w’icyamamare ku isi yose uherutse mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize kuririmbira Abanyarwanda, aratangaza ko yasanze u Rwanda ari igihugu cyiza cyane.


Sean Kingston abinyujije kurukuta rwe rwo kurubuga rwa internet ruzwi nka Twitter yagize ati” Ubu nagarutse mu rugo n’ubwo numva ndushye kubera urugendo rurerure rw’amasaha 12 mu ndege, ariko nshimishijwe cyane no kuba narabashije gutambagira u Rwanda igihugu cyiza cyane cyo muri Afrika kandi kaba nejejwe cyane n’uburyo Mama wange byamushimishije doreko ari n’ubwa mbere yari agiye muri uriya mugabane”

Yaba mu magamboye cyangwa abo bari bazanye nka Mama we, Uwamukiniraga indirimbo (Dj) n’umufasha mu rwego rwo kwamamaza no kumenyekanisha ibitaramo bye (International Concert Promoter/Artist Manager ) bagiye bashyira kuri Twitter aragaragaza ko bagize igitaramo cyiza cyane mu gihugu cy’Ubugande no mu Rwanda uretse ko mu Rwanda ho hajemo akabazo gato kimvura bati “ariko ntibyaduciye intege twararyoheje karahava kandi ntacyo yadutwaye tuvuyeyo amahoro”.

Nituvuga abo yari yazanye nabo bagize icyo bavuga k’u Rwanda wumvemo Mama wa Sean Kingston wari yanatangaje hakiri kare ko yishimiye kandi yiteguye kujya muri Afrika afata nk’amamuko ye aha byari mbere y’uko baza, mu gihe umuhungu we yasabaga muganga we kureba niba ntakibazo kujya muri Afrika,
Ariko nyuma y’igitaramo amagambo agaragara kuri Twitter  ya Mama we aragira ati” Nakunze Kigali kandi nakunze n’uburyo bishimiye umuhungu wange, dore ko abakobwa beza benshi bo muri uyu mujyi bazaje muri Hoteli aho twafatiraga ifunguro mbere y’uko igihe cy’ibirori kigera bakabyinana nawe, kandi urebye n’uburyo abantu bihanganye kunyagirwa amasaha arenze 6 barindiriye umuhungu wange binyereka ko akunzwe kandi bamwishimiye, kubwibyo byose ndabibashimiye kandi ngirenti ndabakunda”

Ntitwasoza tutavuze ku wamukiniraga indirimbo (Dj) uzwi nka DjTwinchi, watangajeko yashimishijwe cyane n’igitaramo bakoreye mu Rwanda, ati “ Twashyuhije ibihumbi birenga 20,000 by’abantu kandi bose barishima ku buryo kugeza kuwa mbere mugitondo Abakobwa baho bari bakivuga DjTwinChi DjTwiChi”, n’ubwo yavuze ibi ariko asa n’ugaragaza ko abakobwa b’i Kigali bamukunze cyane, yagiye kurukuta rwa Sean Kingston yandikaho ati” Aba bana beza ni abahe?”
Tubibutse ko n’ubwo uyu muryango urimo kuvuga byinshi ku Rwanda, Sean Kingston ubwo yazaga mu magamboye yavuzeko ntabyinshi yari azi ku Rwanda mbere y’uko aruzamo, ariko ubu we n’ikipe yose bazanye baratangazako bishimiye kuba barageze muri iki gihugu doreko n’aho batahiye Abanyarwanda bakomeje ku boherereza ubutumwa kuri Twitter babashimira banabereka urukundo cyane cyane ariko ab’igitsina gore nkuko bigaragara ku nkuta z’ababatatu twibanzeho muri iyi nkuru

Venuste Kamanzi

No comments:

Post a Comment