Iki cyamamare muri Rap ku rwego rw’isi Cartus Jacson arashinjwa na Vasti
Ortiz kuba yarashatse kumufata kungufu no kuba yaramuhohoteye mu magambo.
Uyu mu gore witwa Vasti Ortiz yahoze ari umubyinjyi wagiye agaragara mu
mashusho y’indirimbo zitandukanye zo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, yagejeje
ikiregoke kurukiko rukuru rwa Hartford muri Leta ya Connecticut ashinja uyu
muraper wo mu itsinda rya G-Unit uzwi nka 50 Cent, kuba yarakoresheje abantu
kugirango bamuhohotere ariko agamije kuza kumufata ku ngufu.
Aha wakwibaza uti byagenze gute?
Uyu mugore akaba yarabwiye urukiko ko ubwo yari yitabiriye ubutumire bwa
mugenzi we witwa Ivy Medina mu kwezi kwa Kanama mu mwaka wa 2009 mu gace kitwa
Mension na bagenzi be aribwo 50 Cent yakoresheje umugabo witwa Dwayne McKenzie
bakamuhohotera.
Yagize ati “ Icyo gihe McKenzie yari muri ako gace ka Mansion nk’umukozi
wa G-Unit ahita atangira kunsaba  gukora
imibonano mpuza bitsina ku gahato akoresheje amagambo arimo ihohotera
rishingiye ku gitsina, ngerageje kumucika ahita nawe akoresha undi mugore witwa
Michelle Krzykowski araza ankubita uruntu rukomeye (objet dur) ndakomereka
cyane mu mutwe McKenzie ahita ankubita hasi.
Gusa aya makuru dukesha urubuga rwa internet rwa Allhiphop.com, rwirinze
guhamya niba yaba yarahise amufatira kungufu hasi aho, ariko bati mugihe gito
amaze gukubitwa mu mutwe yahise ajyanwa kwa muganga byihuse kugirango
ubuzimabwe bukurikiranirwe hafi kuko yari arimo kuva kandi n’ibikomere bikeneye
gupfukwa. 
Uyu mugore akaba yemeza ko McKenzie yari yatumwe na 50 Cent kuko ngo hari
n’ibindi bikorwa by’urugomo yagiye afatirwamo yatumwe na G-Unit.
Ushobora kwibaza uti ibntu byabaye mu mwaka wa 2009 kuki abibyukije ubu,
yabwiye urukiko ko ibyo bikomere yagize kuri uwo munsi byamugizeho ingaruka mu
rwunga nyabwenge (System Nerveux) kandi akaba akeneye ko 50 Cent yakurikiranwa
kuri ibyo bikorwa by’urugomo, akaba yanamusubiza amafaranga yakoresheje yivuza
n’indishyi z’akababaro yatewe n’iryo hohoterwa.
Venuste Kamanzi

No comments:
Post a Comment